APR FC yiteguye neza umukino uzayihuza na Kiyovu Sports kuri uyu wa gatandatu tariki ya 08/02/2025.
Uyu mukino w’umunsi wa 16 wa Rwanda Premier League 2024-2025, ukaba uwa mbere mu yo kwishyura, APR FC izaba yakiriwe na Kiyovu Sports, ukazabera kuri Kigali Pele Stadium guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (6:00pm).
Imyitozo myiza kandi yo ku rwego rwo hejuru bakoze kuri uyu wa gatanu igaragaza neza ko biteguye gutangira imikino yo kwishyura batsinda, ukaba ari na wo mujyo abakinnyi biteguye gukomerezamo kugeza Shampiyona irangiye.
APR FC itangiye imikino yo kwishyura iri ku mwanya wa kabiri ku rutonde rwa Shampiyona, aho ifite amanota 31 ikarushwa 5 na Rayon Sports iri ku mwanya wa mbere by’agateganyo.
Tubibutse ko umukino ubanza wakinwe ari ikirarane, APR FC yatsinze Kiyovu Sports ibitego 3-0 bya Tuyisenge Arsene, Mahamadou Lamine Bah na Niyibizi Ramadhan.
Cheikh Ouattara yiteguye kwiyereka Abanyarwanda bamubonye n’abataramubonye neza mu mukino wa nyuma wa Heroes Cup ari ba wo wa mbere yakiniye ku butaka bw’u RwandaNi rutahizamu Umutoza Darco Novic atezeho ibisubizo bizarushaho guha ibyishimo abakunzi ba APR FCLamptey utarahiriwe neza n’imikino ibanza na we yiteguye kwiyerekana afasha APR FC kurushaho kwitwara nezaDauda Yousif ati ibyo mwabonye ni bike, biracyaza (aka wa muhanzi)Dushinimana Olivier ‘Muzungu’ na we aratyaye Sy Mamadou arakora iyo bwabaga ngo yongere yemeze ubushobozi bwe agaruke muri 11 babanza mu kibugaHakim Kiwanuka ngo ntacyo abakunzi ba APR FC barabona, bamwitegeRuboneka Jean Bosco ngo arabaha imipira yayindi yirukanisha ab’ubuhanga budahagihe, abo byanze abyotsindire Aliou Souane mu bwugarizi ngo bazamubaze igihe umupira uzaba ugeze kwa Nyezamu atawuhawe na bagenzi be ngo batangize umukino bundi bushyaMugiraneza Froduard na we yiteguye guhamya ko ari we nomero 6 wa mbere mu Rwanda uyu munsi wa noneLamptey na we arashaka guhamya ko ari we nomero ya mbere mu guhereza neza imipira ivamo ibitegoDenis Omedi aryohewe no kuba mu ikipe itanga ibyishimoNshimirimana Yunusu yiteguye kugoboka igihe rukomeyeMugisha Gilbert na we ngo nta kwibeshya kurimo mu kuba ari umukinnyi uhoraho muri APR FC nk’uko bimeze mu ikipe y’igihugu AmavubiNiyigena Clement yiteguye guhamya ko ari myugariro ushatse abandi muri Rwanda Premier League “Ushaka kuba rutahizamu mwiza ubyitoreza kuri myugariro mwiza cyane”Mahamadou Lamine Bah na we yiteguye kwerekana ko ari we mukinnyi mwiza wo hagati kurusha abandi mu Rwanda‘Urukuta’, ‘Mutekano’ ….andi mazina muyongereho muri comments ariko ni Thadeo Lwanga utuma ba myugariro batekana ba rutahizamu bakisanzuraIzamu ririnzwe n’abeza kurusha abandi, Ruhamyankiko Yvan akaba umwe muri bo n’ubwo ataragira umwanya uhagije wo gukinaIshimwe Pierre aracyari wawundi watowe nk’umunyezamu wagize abandi muri Shampiyona y’u Rwanda mu 2022-2023