Amafoto – Tujyane i Shyorongi muri APR FC yitegura Gasogi United FC

Akanyamuneza ni kose, ndetse inseko ubabonana mu myitozo irabisobanura neza ko gushidikanya gukwiye kuba ntako kuko intsinzi igomba gutaha mu ikipe y’ingabo.

Imyiteguro ya nyuma APR FC yayikoze kuri uyu wa kane tariki ya 13/03/2025, ikaba yabereye ku Ikirenga Stadium i Shyorongi.

Ni imyiteguro yibanze ahanini ku myitozo igamije gufasha Abakinnyi kugumana ibitekerezo nziza zizatuma babasha gushyira mu bikorwa neza ibyo bitoje.

APR FC irakirwa na Gasogi United FC mu mukino w’umunsi wa 21 wa Rwanda Premier League 2024-2025.

Uyu mukino uteganyijwe kubera kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa gatanu tariki ya 14/3/2025 guhera saa cyenda (3:00pm).

Yunusu Nshimiyimana a.k.a Watara amaze iminsi ahagaze neza mu bwugarizi
Aliou Suane na we ameze neza cyane
Mugisha Gilbert aratera ubuse na Mugenzi we Mamadou Sy
Umutoza Darco Novic yabamenyeye imyitozo ibafasha kurushaho kwitegura mu mutwe
Thadeo Lwanga na we amashoti ayamereye nabi, bamwitege
Komanda Dauda Yousif ari maso
Ramadhan Niyibizi umwe mu bakinnyi bahagaze neza kugeza ubu
Pitchou ntiwamuhuguza, no mu kibuga ni uko
Victor Mbaoma na we ameze neza, ndetse yiteguye kongera kuzinyeganyeza
Hakim Kiwanuka araba ahari wese
Omedi Denis yiteguye guha ibyishimo abakunzi n’abafana ba APR FC mbere yo kujya gukonira Uganda Cranes
Abatoza bo buri wese ibye yabyigishije uko bikwiye
Mahamadou Lamine Bah ameze neza
Dushimimana Olivier ‘Muzungu’ araba ahari cyane
Mu myitozo bose bari banezerewe
Lamptey ukirwana no kubona iminota ihagije yo gukina araba ahari

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Scroll to Top