APR FC yagiranye ikiganiro n’Abanyamakuru

Brig.Gen Deo Rusanganwa, Chairman wa APR FC, Lt.Col Innocent Muryango (iburyo), Darco Novic (ibumoso) Umutoza wa APR FC na Thierry Hitimana, Umuyobozi ushinzwe Tekiniki

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 07/02/2025 Ubuyobozi bwa APR FC bwagiranye ikiganiro n’Abanyamakuru, cyari kiyobowe na Chairman, Brig.Gen Deo Rusanganwa.

Ikiganiro cyibanze ku gusobanura imibereho ya APR FC, aho abanyamakuru banabajije ibibazo bitandukanye.

Benshi mu babajije bibanze ku bijyanye n’Abakinnyi baherutse gutandukana na APR FC, abakozi bahinduriwe inshingano, imibanire y’abakinnyi b’abanyarwanda n’abanyamahanga, ndetse n’umusaruro w’Umutoza.

Ku bakinnyi baherutse gutandukana na APR FC, Chairman yasobanuye ko Umutoza yabagaragarije urwego bariho, maze hashingiwe ku kuba bataza muri 11 babanzamo kandi bahembwa menshi, Ubuyobozi bwanzura kuganira na bo maze baratandukana ku bwumvikane.

Chairman wa APR FC yashyize umucyo ku bihwihwiswa mu ikipe abereye Umuyobozi

Ku bijyanye n’abakozi, Chairman yasobanuye ko nta mukozi wirukanywe, ko ahubwo bahinduriwe inshingano, bagashyirwa mu myanya batanga umusaruro wisumbuyeho.

Ku bijyanye n’imibanire y’abakinnyi, Umutoza Darco Novic yasobanuye ko ari nta makemwa, Chairman arabishimangira ndetse anatanga urugero rw’uko mu mukino wa 1/2 muri Heroes Cup, ubwo APR FC yari ibonye penaliti, Mugisha Gilbert yafashe umupira bamwe bazi ko ari we ugiye kuyitera, maze ahita awuhereza Denis Omedi. Ibi kandi byakwibutsa ko mu mukino wa Shampiyona wahuje APR FC na Police FC na bwo Ruboneka Jean Bosco yafashe umupira nk’ugiye gutera penaliti ahita awuhereza Mamadou Sy n’ubwo atagize amahirwe yo kuyinjiza.

Ku bijyanye n’Umusaruro w’Umutoza, Chairman yasobanuye ko hataragera ko yakorerwa isuzuma, cyane ko ibikubiye mu masezerano ye bitaradogera ku rwego bishyirwaho mu itangazamakuru, dore ko kugeza ubu icyizere cyo gutwara ibikombe no kuzasohokera u Rwanda kandi APR FC ikagera kure kigihari cyose.

Darco Novic ni Umutoza ufitanye amaseserano na APR FC, bityo agomba kubahwa kandi afitiwe icyizere cyo kuzagera ku ntego yiyemeje muri ayo masezerano

Asoza, Chairman wa APR FC, Brig.Gen Deo Rusanganwa yashimiye abanyamakuru , ati “Twishimye kuba hamwe namwe abanyamakuru, mufite byinshi mumariye siporo muri rusange atari umupira w’amaguru gusa, mutatangaje abanyarwanda ntibamenya ibyabaye.”

Ikiganiro cyasojwe abanyamakuru banyuzwe kandi bishimiye ibisubizo bahawe.

Abanyamakuru bisanzuye babaza byose bajyaga nibaza mu biganiro cyangwa mu bitekerezo ndetse n’ibyo bajya bumvana abafana
Abanyamakuru babajije byose bifuzaga kubaza kuko bahawe rugari barisanzura
Chairman yabateze amatwi maze akajya asubiza umwe ku wundi
Byasaga n’aho abanyamakuru bari bafite byinshi bashaka kumva bitangazwa n’Ubuyobozi bwa APR FC
Brig.Gen Deo Rusanganwa Umuyobozi wa APR FC yababwiye byinshi byiza iyi kipe iteganya ahazaza
Abanyamakuru bamwe banatanze ibitekerezo by’ibyo babona APR FC yabamo bandebereho ku yandi makipe
Umutoza Darco Novic yavuze ko icyizere agifite cyo kuzesa imihigo
Chairman wa APR FC yijeje abanyamakuru ko igihe cyose bakukeneyeho amakuru yiteguye kuyatanga, ko telephone ye ihora iriho ngo abitabe
Yabwiye abanyamakuru ko Ubuyobozi bukuru bwa APR FC birimo guteganya gushyiraho inzego zizatuma iyi kipe yakora mu buryo bwayinjiriza amafaranga

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Scroll to Top