Bahigiye gusezerera Musanze FC mu gikombe cy’Amahoro

Abakinnyi ba APR FC bahigiye gukora ibyo basabwa, bagatsinda Musanze FC maze bakayisezerera mu gikombe cy’Amahoro 2024-2025.

Ni nyuma y’imyitozo bakoze kuri uyu wa kabiri tariki ya 18/02/2025, ikaba yabereye kuri Ikirenga Stadium i Shyorongi.

Bayikoze bitegura umukino wo kwishyura wa 1/8 cy’irangiza mu irushanwa ryo guhatanira igikombe cy’Amahoro 2024-2025.

Umukino ubanza wabereye kuri Stade Ubworoherane amakipe yombi yari yanganyije 0-0.

Uwo mukino wo kwishyura uteganyijwe kuba kuri uyu wa gatatu tariki ya 19/02/2025, ukazabera kuri Kigali Pele Stadium saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba (6:30pm).

Lamptey ariteguye igihe yakwisanga mu bagomba kubanza mu kibuga cyangwa mu basimbura
Basubiyemo byinshi bize nk’amayeri yafasha kwegukana intsinzi
Ishimwe Pierre ‘Mario’ yiteguye gukora byose ngo izamu rya APR FC rukomeze kwera
Niyibizi Ramadhan na Nshimiyimana Yunusu
Victor Mbaoma wari umaze igihe avurwa imvune ubu ameze neza
Banyuzagamo bakanifotoza ibibanejeje
Tuyisenge Arsene nawe yamaze gukira imvune
Umutoza yongera guhugura Thadeo Lwanga ngo arusheho kuba inkingi ya mwamba
Hakim Kiwanuka na we aracyahatana ngo afungure Konti ye y’ibitego i Kigali
Ruhamyankiko Yvan
Pavelh Umunyezamu udashidikanywaho i Nyarugenge
Dushimimana Olivier ‘Muzungu’ yiteguye kongera gushimisha abafana
Ouattara ngo nta gusubira inyuma
Umutoza Darco Novic
Mahamadou Lamine Bah ahagaze bwuma
Niyigena Clement na we ati kwiga ni uguhozaho reka nkurikire amasomo
Nshimirimana Ismaël ‘Pitchou’ na we ngo azi agaciro k’Igikombe cy’Amahoro kuri APR FC
Bityo kwitanga ni ihame
Mugiraneza Froduard arongera kwiyerekana mu mahirwe yose azaba yahawe yo gukina
Denis Omedi ngo intego ni ugutsinda

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Scroll to Top