News

APR FC yasinyishije abakinnyi 5 bashya

Nyuma yo gushimira abasoje amasezerano no kuyongerera babiri mu bari bayarangije, APR FC yasinyishije abandi bakinnyi batanu (5) bashya. Abakinnyi bashya APR FC yasinyishije ni Mugiraneza Frodouard wakiniraga Kiyovu Sports, Byiringiro Gilbert uturutse muri Marine FC, Dushimimana Olivier uturutse muri Bugesera FC, Tuyisenge Arsene wakiniraga Rayon Sports na RUHAMYANKIKO Yvan uzamuwe aturutse mu ikipe y’abato

APR FC yasinyishije abakinnyi 5 bashya Read More »

Babiri bongerewe amasezerano

Abakinnyi babiri Nshimiyimana Yunusu na Niyigena Clement bongerewe amasezerano y’imyaka ibiri. Ni nyuma y’uko aba bakinnyi babiri bayoboye ubwugarizi bwa APR FC kugeza ubwo itwaye igikombe cya Shampiyona idatsinzwe na rimwe, amasezerano bari bafite yari ageze ku musozo. Aba bakinnyi bombi bazamukiye mu ishuri ry’umupira w’amaguru rya APR FC (APR FA) bakomereza mu INTARE FC

Babiri bongerewe amasezerano Read More »

Abakinnyi bane bashimiwe nyuma y’irangira ry’amasezerano

Abakinnyi bane bashimiwe nyuma y’aho amasezerano bari bafitanye na APR FC atangiye. Abakinnyi bane bashimiwe ni Bizimana Yannick, Rwabuhihi Aime Placide, Ombolenga Fitina na Ishimwe Christian. Aba bakinnyi bashimiwe mu butumwa bugira buti “Ubuyobozi bwa APR FC burashimira Cyane ISHIMWE CHRISTIAN, FITINA OMBOLENGA, RWABUHIHI PLACIDE na BIZIMANA YANNICK basoje Amasezerano y’akazi.” “Mwarakoze cyane ku bihe

Abakinnyi bane bashimiwe nyuma y’irangira ry’amasezerano Read More »

APR FC yanganyije na Rayon Sports mu ‘Ihuriro ni mu Mahoro’

Mu mukino wa mbere ubereye muri Stade Amahoro ivuguruye, APR FC yanganyije 0-0 na Rayon Sports FC. Ni umukino wateguwe muri gahunda yiswe ‘Ihuriro ni mu Mahoro’ wakinwe kuri uyu wa gatandatu tariki ya 15/6/2024. APR FC yakinnye uyu mu kino mu gihe yitegura gusubukura imyitozo ku mugaragaro kuwa mbere tariki ya 17/6/2024 yitegura umwaka

APR FC yanganyije na Rayon Sports mu ‘Ihuriro ni mu Mahoro’ Read More »

Buregeya Prince ntakiri umukinnyi wa APR FC

Abyisabiye, Buregeya Prince yavuye mu ikipe ya APR FC yari amazemo imyaka iyingayinga 10. Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko Buregeya ubwe ari we wisabiye ko yakwemererwa kuva mu iyi kipe y’ingabo yari agifitemo amasezerano y’umwaka umwe. Buregeya yageze mu ikipe ya APR FC avuye mu INTARE FC, akaba yarazamukiye mu ishuri ryigisha umupira w’amaguru

Buregeya Prince ntakiri umukinnyi wa APR FC Read More »

APR FC igiye gukina na Rayon Sports muri Stade Amahoro

N’ubwo APR FC izatangira imyitozo ku mugaragaro tariki ya 17/6/2024 yitegura umwaka utaha w’imikino, iyi kipe y’ingabo igiye gukina na Rayon Sports muri Stade Amahoro nshya imaze igihe ivugururwa mu mukino uteganyijwe tariki ya 15 Kamena 2024 saa kumi n’imwe z’umugoroba. Ni umukino wateguwe muri gahunda yiswe ‘Umuhuro mu Amahoro’ mu rwego rwo gufasha abakunzi

APR FC igiye gukina na Rayon Sports muri Stade Amahoro Read More »

Umwaka mushya: Hatangajwe igihe APR FC izasubukurira imyitozo

Hatangajwe igihe APR FC izasubukura imyitozo mu rwego rwo kwitegura umwaka mushya w’imikino (season) 2024/2025. Nyuma y’ikiruhuko cy’igihe kiyingayinga ukwezi, aho yari imaze kwesa umuhigo wo kurangiza umwaka yemye ikegukana igikombe cya shampiyona idatsinzwe umukino n’umwe, ikipe y’ingabo z’u Rwanda yatangaje ko izatangira imyitozo ku itariki ya 17/06/2024.  Ni imyitozo izatangira hagamijwe kwitegura umwaka w’imikino

Umwaka mushya: Hatangajwe igihe APR FC izasubukurira imyitozo Read More »

Ruboneka muri batatu bahatanira igihembo cy’umukinnyi w’umwaka

Ruboneka Bosco ni umwe mu bakinnyi batatu barimo guhatanira igihembo cy’umukinnyi wahize abandi muri Rwanda Premier League 2023/2024. Rwanda Premier League itegura shampiyona y’icyiciro cya mbere, yatangaje ko tariki ya 15 Kamena ari bwo izatanga ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru mu mwaka wa shampiyona wa 2023-2024. Ibi byiciro bizatorwamo ni bine aharimo abakinnyi b’abagabo

Ruboneka muri batatu bahatanira igihembo cy’umukinnyi w’umwaka Read More »

APR WFC yegukanye umwanya wa 3 muri FERWAFA Youth League 2024 (Amafoto)

APR WFC yegukanye umwanya wa gatatu muri FERWAFA YOUTH LEAGUE 2024, irushanwa ryahuje amakipe y’icyiciro cya mbere n’icya kabiri ariko hakina abakinnyi batarengeje imyaka 20. Ni irushanwa ryasojwe kuri  iki cyumweru tariki ya 2/6/2024, aho igikombe cyegukanywe na Gasogi United mu bahungu n’aho APAER WFC ikagitwara mu bakobwa. Imyanya ya kabiri yegukanywe na Marine FC

APR WFC yegukanye umwanya wa 3 muri FERWAFA Youth League 2024 (Amafoto) Read More »

Scroll to Top