Mu myitozo icyizere cyo gutsinda derby ni cyose – Amafoto

Abakinnyi ba APR FC bakoze imyitozo ya nyuma bitegura umukino ugomba guhuza iyi kipe y’ingabo na Rayon Sports.

Ni umukino uzabera muri Stade Amahoro kuri iki cyumweru tariki ya 9/03/2025.

Imyitozo ya APR FC yaranzwe n’umwuka mwiza kuri bose bishongiye ku cyizere bifitiye cyo guha ibyishimo abakunzi n’abafana.

APR FC igiye gukina uyu mukino iri ku mwanya wa kabiri ku rutonde rwa Rwanda Premier League aho irushanwa amanota 2 na Rayon Sports iri ku mwanya wa mbere by’agateganyo.

Dushimimana Olivier ‘Muzungu’ ahagaze bwuma
Niyigena Clement yiteguye gukora byose ariko atatu agataha i Shyorongi
Mugisha Gilbert yitoza uburyo bwo kubitsinda mu gihe Nshimirimana Yunusu yimenyereza kugarira
Pavelh ameze neza cyane
Mahamadou Lamine Bah yiteguye kwerekana ko ari mu bakinnyi beza bo hagati muri Rwanda Premier League
Amayeri yose ashoboka yizwe
Lamptey yiteguye gukora iyo bwabaga ngo atatu atahe kwa nyirayo
Cheikh Djibril Ouattara yiteguye kubikora nk’uko amaze iminsi abikora
Ishimwe Pierre na we yiteguye kubuza imipira yose kwinjira mu izamu rye
Ruboneka Jean Bosco umukinnyi udashidikanywaho na we aratyaye
Mugiraneza Froduard iminota yose bazamuha azayishakamo atatu
Mario umaze iminsi akina arashaka kwemeza abo bahanganye ko akaze
Ruhamyankiko Yvan na we barimushyizemo yaririnda
Ibijyanye n’imbaraga z’umubiri (fitness) aba yabikurikiranye
Thadeo Lwanga ngo yiteguye kugabanyiriza akazi ba myugariro ba APR FC
Nshimirimana Yunusu ameze neza mu bwugarizi
Umutoza Darco Novic ibye yabitanze byuzuye hasigaye ah’abakinnyi
Nshimirimana Ismaël Pitchou na we ari tayari gutanga umusanzu we ngo atatu aboneke
Hakim Kiwanuka
Denis Omedi na we ngo yiteguye gushimisha abakunzi ba APR FC
Kapiteni Claude Niyomugabo yasabye ko abafana n’abakunzi ba APR FC baza ari benshi bakabahyigikira

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Scroll to Top