
Nyuma yo kwitwara neza mu mwaka w’imikino wa 2025-2026, umutoza mukuru wa APR F.C Abderrahim Taleb yongereye amasezerano y’umwaka mu ikipe ya APR FC.
Nyuma yo kwegukana igikombe cya Super Cup, icya Amahoro ndetse ni cya Shampiyona byahesheje amahirwe menshi cyane uyu mutoza wacu kongererwa Amasezerano.
Uyu mutoza ufite impamyabushobozi y’ubutoza ya CAF Pro na UEFA Pro, yaherukaga gutoza Difaâ Hassani El Jadidi yo muri Morocco aho yanatoje Andi makipe atandukanye nka Wydad Athletic Club, RS Berkane, As FAR ndetse Nandi.
Kuri ubu, uyu mutoza yitezweho byinshi muri uyu mwaka w’imikino, akaba aributangire imyitozo ku mugaragaro kuri uyu wa kabiri Tariki 07 Nyakanga 2026 I shyorongi Aho iyi kipe isanzwe ikorera I myitozo ku isaha ya saa Kumi zuzuye (16:00)









