

Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, Gen Patrick Nyamvumba, yasuye ikipe aho iri mu mwiherero, ababwira ko ejo bagomba gukora ibishoboka bagasezerera Al Hilal tuzahura mu mikino ya CECAFA Kagame Cup.
Amb. Gen Patrick Nyamvumba akaba yahaye ikaze nanone ikipe ya APR FC mu gihugu cya Tanzania, ababwira ko yaba umuryango w’abanyarwanda baba mu gihugu cya Tanzania ndetse na Leta y’u Rwanda ahagarariye bose bari inyuma y’ikipe.
Yasabye abakinnyi gukora ibishoboka byose bakazitwara neza ku mukino wa Al Hilal, abizeza ko bazaba babashyigikiye kandi na we azaba ari ku kibuga.
Yagize ati: Ejo tugomba gutsinda, kandi nidutsinda tuzaba twongereye amahirwe yo gutwara igikombe. Tubari inyuma twese, ariko iki gikombe tugomba kugitwara kuko ni twe tugitera inkunga .
Abababanjirije bagitwayeho, APR yaragitwaye inshuro zirenze imwe. Turabasaba namwe kubikora.
Mu ijambo rye Kapiteni Niyomugabo Claude yashimiye Amb. Gen Nyamvumba kuba yasuye ikipe, avuga ko nk’abakinnyi biteguye guhatana kugeza ku munota wa nyuma.
Umutoza Abderrahim Taleb we akaba yatangaje ko kubona Amb. Gen Patrick Nyamvumba hari ikindi bibongereye nk’ikipe, amwizeza ko uko byagenda kose bazatwara igikombe i Kigali “kuko ni yo ntego yatuzanye”.
Amb. Gen Patrick Nyamvumba yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda kuva mu mwaka wa 2013-2019 aho ikipe ya APR FC yari mu biganza bye ndetse akaba yarakomeje kuba hafi y’ikipe y’Ingabo z’Igihugu na nyuma yaho.
APR FC ikaba izahura na Al Hilal Ombdurman ku wa Gatandatu saa sita n’igice za Dar es Salaam, ni ku kibuga cya KMC kiri Kinondoni.
Undi mukino wa ½ cy’irangiza ukazahuza ikipe zo muri Tanzania Singida Black Stars na KMC FC.
Imikino ya CECAFA Kagame Cup mukomeje kuyikurikirana ku bufatanye na More Up igukorera amavuta meza ndetse n’ibyo kunywa bigezweho ndetse na IKAZE House igufitiye ibyumba byo gukoreramo cyangwa wakoresha nka Depot.
Turi kumwe kandi na Resilience igukorera ibikoresho byiza byo mu nzu utasanga ahandi aho iherereye i Remera Sonatubes.
Kigali Parents ni ntagereranywa mu gutanga Uburezi bujyana n’Uburere, kikaba ikigo kiza ku isonga mu gutsindisha mu Mujyi wa Kigali n’uburambe bw’igihe kinini. Hope line sports, ni iduka rya Siporo riherereye Sonatubes i Remera, usangamo ibikoresho byose bijyanye na siporo.



Amafoto: Hardi Uwihanganye
