Ikipe ya APR FC yatsinze Amagaju FC igitego 1-0 mu mukino w’Umunsi wa 25 wa Shampiyona y’u Rwanda, yongera gusubirana umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona rw’agateganyo. Ni umukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu.

Ni igitego cyabonetse ku munota wa 15′ gitsinzwe na rutahizamu Djibril Ouattara watsinze igitego cyiza ku mupira wari uvuye kwa Daouda Yussif ari nacyo gitego kimwe rukumbi cyahesheje APR FC amanota atatu.
Nyuma y’icyo gitego, APR FC yakomeje gusatira ishaka inabona uburyo bwinshi butandukanye bwari kuyisha ibitego birenze kimwe, ariko abasore ba Taleb ntibabyaza umusaruro uburyo bwiza bagiye babona.
Mu gice cya kabiri, APR FC yatangiye isatira cyane ishaka igitego cya kabiri, ariko ubwugarizi bw’Amagaju FC bukomeza kwitwara neza. Amagaju na yo yagerageje gusatira mu bihe bitandukanye, ariko ntiyabasha kubona igitego cyo kwishyura.

Umutoza wa APR FC, Abderrahim Taleb, yakoze impinduka mu gice cya kabiri, yinjizamo Mugisha Gilbert na Hakim Kiwanuka mu rwego rwo kongera imbaraga mu kibuga hagati no mu busatirizi.
Iyi ntsinzi yatumye APR FC igira amanota 49 ihita ifata umwanya wa mbere, irusha inota rimwe Al-Merrikh ndetse n’amanota ane Al Hilal SC.