Rutahizamu wa APR FC, Cheick Djibril Ouattara, yegukanye igihembo cy’umukinnyi watsinze ibitego byinshi (Top Scorer) muri BK Pro League 2025/2026 nyuma yo gusoza shampiyona amaze gutsinda ibitego 18, ari na we wabaye uwa mbere mu batsinze ibitego byinshi muri uyu mwaka w’imikino.
Nyuma yo guhabwa iki gihembo, Djibril Ouattara yashimiye bagenzi be bakinnyi, umutoza wa APR FC ndetse n’ubuyobozi bw’ikipe. Yasoje agaragaza intego afite mu mwaka mushya w’imikino wa 2026/2027, avuga ko yifuza gufasha APR FC kugera mu matsinda ya CAF Champions League, ndetse no gukomeza gutanga umusaruro ufasha iyi kipe kugera ku ntego zayo haba mu Rwanda no ku rwego rwa Afurika.

Si iki gihembo gusa Ouattara yegukanye, kuko yanatoranyijwe mu Ikipe y’Umwaka (Team of the Season) ya BK Pro League 2025/2026. Muri iyi kipe kandi harimo mugenzi we bakinana muri APR FC, Byiringiro Jean Gilbert, bishimangira umusaruro mwiza aba bakinnyi bagaragaje muri shampiyona ishize.

Uyu rutahizamu ukomoka muri Burkina Faso yageze muri APR FC muri Mutarama 2025. Mu gice cya kabiri cya shampiyona ya 2024/2025 yahise yigaragaza atsinda ibitego 12, mbere yo gukomeza kwitwara neza mu mwaka wa 2025/2026 asoza afite ibitego 18 byamuhesheje igihembo cya Top Scorer.

